UMUCO W'UBUFATANYE TUVOMA MU MUCO WACU URAGAHORAHO!
Kuri uyu mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki ya 29 Nzeri 2021, ku bufatanye bw'Abakozi bakorera mu Ishami ry'Ubuhinzi n'Umutungo Kamere mu Karere ka Musanze n'Aborozi bo mu Murenge wa Muhoza, umuturage witwa MUNYAMPAMIRA Ildephonse wo mu Mudugudu wa Kabogobogo, mu Kagari ka Cyabararika, mu Murenge wa Muhoza, amaze gushumbushwa inka.
Ni nyuma y'amezi agera kuri 6 yari ashize uyu muturage apfushirije icyarimwe inka 3, zose zahakaga, kandi mu buryo bw'amayobera (ku itariki ya 11 Werurwe 2021), kugeza ubu butaramenyerwa impamvu.

Kongera kubona inka mu rugo rwabo, Ildephonse n'umudamu we byari byabarenze
Uyu muhango wayobowe n'Umuyobozi w'iri Shami, Bwana NGENDAHAYO Jean, wari kumwe n'Umuyobozi w'Ihuriro ry'Aborozi mu Karere ka Musanze, Abakozi Bashinzwe Ubworozi ku Karere no mu Murenge wa Muhoza, Umuhuzabikorwa w'Umushinga RDDP mu Karere n’Umuyobozi wa RNDP mu Karere.

Umuyobozi w'Ishami ry'Ubuhinzi n'Umutungo Kamere (uwa mbere uhereye iburyo) ayoboye umuhango
Aha, mu izina ry'Ubuyobozi bw'Akarere, Bwana NGENDAHAYO akaba yabwiye uyu muryango ko byatekerejwe mu rwego rwo kumufasha kugira icyororo yahoranye, nk'umwe mu Borozi b'Inka Zitanga Umukamo muri aka Karere.

Bamwe mu bagize itsinda ryamuremeye basobanura uyko icyo gitekrezo cyaje, bakomeza no kumwihanganisha
Mu ijambo rye, agaragaza imvamutima ze, Ildephonse yasabye iri tsinda kumufasha, we n'umuryango we, gushimira Ubuyobozi bw'Igihugu budahwema guhamagarira abaturage guhuriza hamwe imbaraga mu gukemura ibibazo rusange ndetse n'iby'abantu ku giti cyabo.