“NTAGUCIKANWA N’AYA MAHIRWE DUKESHA LETA YACU IDAHWEMA KUTUBUNGABUNGIRA UBUZIMA”

Nyuma y’igikorwa cyo kwakira inkingo zaraye zishyikirijwe Akarere ka Musanze, kuri uyu wa Kane tariki 12 Kanama 2021, mu Karere ka Musanze abaturage biriwe ari urujya n’uruza bajya ku Bitaro Bikuru bya Ruhengeri no mu Bigo Nderabuzima bibegereye hirya no hino mu Mirenge itandukanye mu rwego rwo kwikingiza Icyorezo cya COVID-19. Intero n’inyikirizo yari imwe igira, iti: “Ntagucikanwa n’aya mahirwe dukesha Leta yacu idahwema kutubungabunguira ubuzima”.

Aha ni hamwe muhabereye iki gikorwa cyo gukingira

Kuri iyi nshuro, icyiciro kirimo gukingirwa ni icy’abantu bafite imyaka 50 kuzamura, Abikorera bahura n'abantu benshi n'Abakozi ba Leta bakorera mu Bigo bitandukanye. Muri aka Karere, hashingiwe ku mubare w'inkingo 7,967 zakiriwe, biteganyijwe ko hazakingirwa abantu bafite imyaka 50 kuzamura bangana na 5577 n'abo muri biriya byiciro 2 bindi byavuzwe haruguru bangana na 2390.

Ni igikorwa cyari cyateguwe neza, aho wasangaga ibikoresho byose nkenerwa Bihari, abitabiriye bahanye inter anta muvundo, abakingira ubona babyibonamo neza, nta bibazo bya “network”, Inzego z’Ibanze zirimo gufatanya n’Ibigo Nderabuzima n’Urubyiruko rw’Abakorerabushake batabura muri gahunda zitandukanye za Leta, n’ibindi. Gahunda ikaba izakomeza ejo kuwa Gatanu, ari nawo iki gikorwa kizasorezwaho.

Mu butumwa bagendaga bagendaga bahabwa mbere yo gukingirwa, abitabiye bahamagariwe kutirara mu kwirinda iki cyorezo kubera ko gukingirwa bitavuga kutandura, bityo buri wese akaba asabwa kuba intumwa mu kurushaho kwitwararika mu kubahiriza ingamba zidufasha gukumira ikwirakwizwa ryacyo no gushishikariza bagenzi babo kudacikanwa n’aya mahirwe.

Ku munsi w'ejo zakirwa ku Kibuga n'Umuybozi w'Akarere Wungirije Ushinzwe Imibereho Myiza y'Abatuarge, Madamu KAMANZI Axelle, wari kumwe n'Umuyobozi Mukuru w'Ibitaro Bikuru bya Runengeri, Dr. MUHIRE Philbert

#NTAKUDOHOKA!