MU MURENGE WA MUHOZA HATANGIJWE KU MUGARAGARO UBUKANGURAMBAGA KU ISUKU NO KURWANYA IMIRIRE MIBI N'IGWINGIRA MU BANA BATO.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 22/11/2022, muri gahunda y'Ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi y'Igihugu, mu Murenge wa Muhoza hatangijwe ku mugaragaro Ubukangurambaga ku Isuku no kurwanya imirire mibi n'igwingira mu bana bato. Ubu bukangurambaga bwatangiranye n'IGITINDO CY'ISUKU mu Tugari n'Imidugudu bigize Umurenge wa Muhoza.

Ku rwego rw'Umurenge wa Muhoza, ibikorwa by'Igitondo cy'Isuku byakorewe mu Mudugudu wa Gikwege, Akagari ka Mpenge ku Isoko ry'ibiribwa rya Musanze. Cyanitabiriwe na Nyakubahwa Mayor w'Akarere ka Musanze Bwana RAMULI Janvier hamwe na DPC - Musanze SP Elvis MUNYANEZA. 

Nyuma y'ibikorwa by'Igitondo cy'Isuku byibanze ku: gukora Isuku mu ngo, gukora Isuku ahahurira abantu benshi (imihanda minini n'imito, udusanteri tw'ubucuruzi,...), gusibura imiferege n'inzira z'amazi, guhera saa 11h00 - 12h20 hakozwe ubukangurambaga hifashishijwe indangururamajwi zigendanwa mu modoka, urugendo n'inyandiko "banderole" zikangurira abantu bose kugira Isuku, kurwanya igwingira mu bana, gusigasira umutekano,... Urugendo rwitabiriwe na ES w'Umurenge wa Muhoza Bwana MANZI Jean Pierre, Umuyobozi wa Police Muhoza Stn CIP Johnson RUTAYISIRE, DCLO IP J. Bosco MUGABO n'Ushinzwe Traffic IP Augustin NSHIMIYIMANA, abayobozi n'abaturage mu byiciro bitandukanye. Hifashishijwe indangururamajwi zigendanwa hagiye hatangwa ubutumwa bujyanye n'Ubukangurambaga ku Isuku no kurwanya igwingira mu bana bato hanozwa itegurwa ry'amafunguro yabo. Urugendo rwakozwe: Muhoza Office - OM Station - NPC - Food market - Centre Ville - Musanze Taxis park - GOICO Plaza market. Mu gusoza hatanzwe ubutumwa ku ruhare rwa buri wese mu kurwanya umwanda ku mubiri, ku myambaro, mu ngo, aho tugenda n'aho dukorera ndetse n'uruhare rwa buri wese mu gukumira no kurwanya impanuka zo mu muhanda.

Igikorwa cyasojwe abacyitabiriye bashimirwa uruhare bagize kandi basabwa kudakura mu ruge mu kwita ku Isuku n'umutekano hamwe no kurwanya igwingira mu bana bato. Abitabiriye bahamije ko amarushanwa mu rwego rw'Ukwezi kwahariwe ibikorwa bya Polisi y'Igihugu Umurenge wa Muhoza uzitwara neza.

"ISUKU NTAWE UYEREKANA ISUKU IRIGARAGAZA..."