HUBAHIRIJWE AMABWIRIZA YO KWIRINDA COVID-19, ABATURAGE MU NGERI ZITANDUKANYE BAKOMEJE KWITABIRA GAHUNDA YO KWIKINGIZA
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 27 Kanama 2021, ni umunsi wa Gatatu w'igikorwa cyo gukingira mu Karere ka Musanze. Aha ni muri Sitade Ubworoherane, aho abantu mu byiciro bitandukanye, birimo abakuze n'urubyiruko rufite aho ruhurira n'abantu benshi rushobora kugira ibyago byo kwandura iki cyorezo bakomeje kwitabira.







Iki gikorwa gikomeje gukurikiranwa n'Abayobozi mu Nzego zitandukanye, kugira ngo gahunda irusheho kugenda neza, hitabwa cyane ku bafite intege nke kugira ngo basubire mu ngo badatinze.
Aha, abakingirwa bakababa hamagariwe gukomeza kubahiriza amabwiriza yashyiriweho kurwanya COVID-19, ntakudohoka, ntakwirara no gushishikariza bagenzi babo kugana Ibigo Nderabuzima bibegereye.
Kuri iki cyiciro cya gatatu, Akarere ka Musanze kakaba karakiriye inking zingana n’ibihumbi makumyabiri na bibiri n’inkingo ebyiri, umubare wishimiwe n’abatuarge bakaba barimo kwitabira ku bwinshi bagaragaza ko buri wese yibereye umukangurambaga ku giti cye nyuma yo gusobanukirwa akamaro kazo. barashimira Nyakunahwa Perezida wa Repubulika uhora arajwe ishinga n'umuturage ufite amagara mazima, utekanye.