GUSUZUMA AHO GAHUNDA YO KUVUGURURA AMA SANTERI Y' UBUCURUZI IGEZE
Kuri uyu munsi tariki ya 27 Gashyantare 2024, Umuyobozi w' Akarere Bwana Claudien NSENGIMANA arikumwe n' Umunyamabanga Nshingwabikorwa w' Akarere Bwana Alex Kanayoge , Perezida w' Urugaga rw' Abikorera mu Karere Bwana HABIYAMBERE Jean n' abandi bayobozi basuzumye aho gahunda yo kuvugurura amazu yo ku ma santeri y' ubucuruzi n' ayo ku mihanda ya kaburimbo igeze.
Iki gikorwa cyateguwe mu rwego rwo kwita ku isuku n' imigaragarire y' ahakorerwa ubucuruzi n'ahandi mu Karere. Basuye ama Santeri yo mu Murenge wa Muhoza mu Tugari twa ; Kigombe, Cyabararika n' aka Ruhengeri ; igikorwa kikazanakomereza no mu yandi ma santeri mu Mirenge yose.
Umuyobozi w' Akarere yajyiye atanga inama zo gufasha inzego zirebwa n' ivugurura( abacuruzi n' abafite amazu ku giti cyabo yegereye kaburimbo) gusobanukirwa neza intego y' iyi gahunda; kugira uruhare mu gusukura no kurimbisha umujyi wa Musanze aboneraho kubasaba kubyihutisha.