AKARERE KA MUSANZE KAGIYE KUNGANIRWA NA EAC MU KURUSHAHO GUHANGANA NA COVID-19
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 14 Nzeri 2021, ari kumwe na Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru n'abandi Bayobozi batandukanye, Umuyobozi w'Akarere ka Musanze, Madamu NUWUMUREMYI Jeannine, yakiriye Umunyamabanga Mukuru Wungirije w'Umuryango w'Ibihugu bya Afurika y'Iburasirazuba-EAC, Hon BAZIVAMO Christophe, n'Itsinda ayoboye, bari mu Ruzinduko rw'Akazi rujyanye n'ibikorwa bagiye gukorera mu Ntara y'Amajyaruguru, harimo n'Akarere ka Musanze, nk'inyunganizi yayo mu guhashya ikwirakwizwa ry'Icyorezo cya COVID-19.


Muri iyi gahunda, mu Karere ka Musanze hakaba hateganyijwe kubakwa Ubukarabiro bw'Intoki mu Mirenge 4 ariyo Muhoza, Cyuve, Remera na Gashaki, ku nkunga ya EAC, ibinyujije mu Muryango Utegamiye kuri Leta witwa International Organization for Migration (IOM), bukazubakwa na EGC (Entreprise Generale de Construction).
Nyuma y'ikiganiro cyabereye ku Karere, hasuwe hamwe muhazubakwa ubu bukarabiro mu Murenge wa Muhoza n’uwa Cyuve, aho bagiye bakirwa n'Abanyamabanga Nshingwabikorwa b'iyi Mirenge.




Uruzinduko rwasoje impande zombi zishimira ubufatanye, muri rusange, no mu guhangana n’iki cyorezo gikomeje gukoma mu nkokora ibikorwa by’iterambere ndetse no gutwara ubuzima bwa bamwe hirya no hino ku Isi, by’umwihariko.